Saturday, June 7, 2014


Ugereranyije n’umuvuduko bari bafite mu myaka ya 2008, 2009 na 2010 mbere yo gutoroka u Rwanda ukareba n’uburyo bakora muri iyi myaka ibiri ishize, usanga harimo ikinyuranyo gikomeye . Iyo baguma mu Rwanda, igikundiro bari bafite cyari kwiyongera ndetse kikabyarira umusaruro umuziki wabo ariko ubu biragoye cyane.
Mu njyana ya RnB/Pop ari nayo bari bayoboye mu Rwanda, ubu yigaruriwe n’abandi bahanzi nabo batoroshye mu miririmbire harimo nka : Bruce Melody, Christopher, King James, Gisa n’abandi benshi.
Mu mwaka wa 2011 The Ben wabaga mu mujyi wa Detroit ho muri Leta ya Michigan yariyandayanze akorana indirimbo n’umuhanzi Mike Ellison. Mu ntangiriro za 2012 ,The Ben, Meddy na K8 bihurije hamwe bajyana Lick Lick muri Amerika ndetse banahita batangiza itsinda ryitwa PressOne.
Lick Lick amaze kugerayo, bakoranye ingufu nyinshi buri muhanzi akorerwa indirimbo zakunzwe mu Rwanda. Ku bw’ingufu za Lick Lick, The Ben na Meddy basohoye indirimbo nka : Ni njyewe(Meddy), Am in love(The Ben), She is amazing(The Ben), Holy Spirit, Oya ma(Meddy), Nzakubona(The Ben), Ndi uw’i Kigali n’izindi.
Bamaze imyaka itatu babeshya Abanyarwanda
Mu ntangiriro za 2012 aba bahanzi bakimara kwihuza na Lick Lick batangaje ko bitazarenga umwaka wa 2012 bataje mu Rwanda kuhakorera ibitaramo gusa umwaka warinze wihirika batarenze Leta zunze ubumwe za Amerika.

0 comments:

Post a Comment